00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwizera yatangije urubuga ruhuza abaguzi, abagurisha n’abashaka kurangisha

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 6 July 2022 saa 10:01
Yasuwe :

Muri iki kinyejana Isi igezemo niba udakoresha ikoranabuhanga nta kabuza uzasigara, kuko niba ibyo ukeneye byose ujya ku isoko, hari umwanya utakaza mu gihe uwabiguze mu buryo bw’ikoranabuhanga yakomeje imirimo ye n’ibyo ashaka byamugezeho.

Benshi bamenyereye imbuga zo guhahiraho, gusa abahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga nabo ntibasinziriye ahubwo bahora bakora iyo bwabaga kugira ngo rirusheho gutera imbere.

Ni muri urwo rwego Kwizera Christian, yatangije urubuga yise ‘Tangaza’ ruhuza abacuruzi n’abaguzi rufite intego yo gufasha abantu kugabanya umwanya bafata bajya kugura cyangwa kugurisha ibintu.

Umuntu ushaka kugura, kugurisha no gukodesha ikintu yiyandikisha ku rubuga rwa ‘Tangaza.rw’.

Iyo umaze kwiyandisha utangaza ifoto n’ ibisobanuro by’icyo ushakisha ukayishyira kuri uru rubuga, haba hari umucuruzi ugifite akaba yakwandikira mukumvikana.

Ubutumwa bw’ umucuruzi buza mu gasanduku ka konti yawe ya Tangaza. Bivuze ko ububona wenyine, ariko na we aba agomba kuba yariyandikishije.

Iyo umuguzi n’umucuruzi bamaze guhura, ibindi bisigaye barabyumvikana, icyo uru rubuga rumaze ni ukubahuza ibindi bijyanye n’ibiciro no kukugezaho ibintu nimwe mubyumvikana.

Undi mwihariko wa Tangaza ni uko ushobora kunyuzaho amatangazo y’ibyo wabuze. Niba warataye irangamuntu cyangwa warayitoye waca kuri uru rubuga ukabitangaza nyirayo yaboneka mukumvikana ibijyanye n’ishimwe.

Kuri uru rubuga hajyaho ibintu bitandukanye bishakishwa ngo bigurwe, bigurishwe cyangwa bikodeshwe birimo ibikoresho by’ikoranabuhanga, ibinyabiziga, ubutaka, amazu, imiti n’ibindi.

Aha niho baje no gukemura ikibazo cy’abantu birirwa bagenda bajya gushaka inzu bakabihomberamo ku buryo wakwishyura umukomisiyoneri ntacyo yagufashije.

Mu kiganiro na IGIHE, Kwizera yavuze ko yashinze uru rubuga agira ngo afashe abantu kudata umwanya bajya gushaka ibintu aho bitari kandi hari ubundi buryo bwihuse bashobora kubibonamo.

Ati “Nabonye ikibazo gihari ari uguta umwanya. Ibaze ufite amafaranga yawe ukaba wabura icyo ukeneye, niba ushaka nka mudasobwa ukaba wajya kuyishakira Kimironko nta yihari kandi wenda hari umuntu uyifite bityo wayishyira ku rubuga nk’ icyo ushakisha, uyigurisha akaba yahita ayibona agapiganwa kandi akayikugezaho byihuse.”

Yakomeje avuga ko kandi bizagabanya no kuba umuntu yatanga amafaranga menshi yo gushyiraho abantu bajya kumushakira ibintu (komisiyoneri), kandi kuri uru rubuga yabibona cyangwa akabigurisha atanze amafaranga make.

Tangaza mu kwirinda ko hashobora kuvuka ibibazo, izajya ikorana na polisi y’u Rwanda mu gihe habayeho kutumvikana hagati y’ugura n’ugurisha.

Uru rubuga ‘Tangaza.rw’ rugenewe buri muntu wese uri ku butaka bw’u Rwanda no hanze ufite icyo ashaka kugura cyangwa kugurisha.

Uru rubuga rwashyizweho kugira ngo rufashe abantu kugabanya umwanya bafata bajya gushaka ibintu cyangwa kubigurisha
Kwizera Christian, yatangije urubuga yise ‘Tangaza’ ruhuza abacuruzi n’abaguzi rufite intego yo gufasha abantu kugabanya umwanya bafata bajya kugura cyangwa kugurisha ibintu
Haba ugura cyangwa ugurisha bahawe umwanya kuri Tangaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .