00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abafana ba Singida United bakiranye ubwuzu Meddie Kagere

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 5 August 2022 saa 08:51
Yasuwe :

Meddie Kagere yerekanwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Singida United FC yo muriTanzania nyuma y’aho Simba SC imusezeye imushimira ku bw’ibihe byiza bagiranye.

Kagere yakiriwe n’imbaga y’abafana ba Singida bari bitabiriye ibirori byo kwerekana abakinnyi ndetse n’abatoza izakoresha mu mwaka wa 2022 (Singida Big Day). Ibi birori byabaye kuri uyu wa Kane tariki 4 Kanama 2022.

Uyu mukinnyi ukinira ikipe y’u Rwanda yagaragaje ibyishimo byinshi imbere y’abafana benshi bashimishijwe no kumubona muri iyi kipe yabo.

Biteganyijwe ko ahita akina umukino we wa mbere muri iyi kipe wa gicuti bakiramo Zanaco FC yo muri Zambia.

Mu butumwa banyuzjije ku mbuga nkoranyambaga zabo bagize bati “Iyi ni impano ikomeye cyane kuri uyu munsi. Umunsi mukuru. Meddie Kagere ni byose.”

Kagere wahawe izina rya MK14 muri Simba amaze kwandika amateka muri Tanzania kuko yayitsindiye ibitego 66 mu myaka ine y’imikino yahamaze.

Uyu mukinnyi akivugwaho kuba agiye gutandukana n’ikipe ya Simba, byavuzwe ko ashobora kwerekeza muri Police FC yo mu Rwanda ariko ntibyakunze.

Meddie Kagere yanyuze mu makipe akomeye arimo Police FC, Rayon Sports FC zo mu Rwanda, Gor Mahia yo muri Kenya, Simba SC yo muri Tanzania na KF Tirana yo muri Albania.

Simba SC yatandukanye na Meddie Kagere amaze kuyitsindira ibitego 66
Rutahizama w'amavubi Kagere yerekeje muri Singida

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .