00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imikino yo koga mu mazi magari mu Rwanda igiye gutezwa imbere

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 August 2022 saa 04:46
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’imikino yo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation) ryiyemeje guteza imbere imikino yo kogera mu mazi magari nk’ibiyaga, mu rwego rwo kubaka ubushobozi bwo guhatana ku rwego mpuzamahanga.

Iri shyirahamwe ryabigaragaje kuri uyu wa Gatandatu mu rugendo ryakoreye mu ikipe ikorera imyitozo mu kigo cy’amashuri cya Green hills Academy, ahakinira ikipe ya Mako Shark Swim Club.

Iri shyirahamwe ryagerageje kureba niba ibyo rigenera amakipe harimo n’amahugurwa bikorwa neza ku kigero cyo kuba bafasha abana kwitabira amarushanwa mpuzamahanga.

Ishyirahamwe risanga kogera mu mazi magari ariho ho kongera imbaraga, by’umwihariko ku makipe yasuwe yo mu karere ka Rubavu ndetse n’andi yo mu karere ka Kayonza na Rwamagana.

Iri shyirahamwe ryasanze amakipe yo mu mujyi wa Kigali harimo na Mako Shark Swim Club, bafite ibikoresho bihagije ndetse n’aho gukorera imyitozo hatunganye neza.

Umuyobozi wa Mako shark , Bazatsinda James yagize ati “Twe tugerageza gukora ibyo dushoboye n’ishyirahamwe rigakora akazi karyo noneho tukagera ku musaruro.”

Bongeyeho ko basaba ishyirahamwe kongerera ubushobozi bw’abatoza b’abana mu byiciro byose harimo n’abatoza bo ku makipe akinira mu mazi magari.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino yo koga, Girimbabazi Rugabira Pamela yagize ati “Turi kubishyiramo imbaraga kuko kugeza ubu dufite amakipe abiri yakwitabira amarushanwa ari mu karere ka Karongi.”

Yongeyeho ati “Turateganya kuba twaba dufite abakinnyi bazaduhagararira mu marushanwa ya Open Water mu kwezi k’Ugushyingo. Nubwo bikiri Rubavu na Karongi ariko turateganya no gushyira imbaraga no muri Rwamagana na Gicumbi mu makipe ahabarizwa.”

Hamaze gusurwa amakipe atanu yo mu turere twa Karongi, Rubavu na Kigali hakurikiyeho amakipe yo muri Rwamagana na Gicumbi ariyo agiye kwitabwaho kugira ngo u Rwanda ruzabone abakinnyi barushanwa mu mazi magari (ibiyaga).

Hagaragajwe ko imbaraga zikwiye kwimurirwa mu bogera mu mazi magari kuko abitoreza mu mazi mato bafite aho bageze
Umuyobozi wa Mako shark, Bazatsinda James yasabye ishyirahamwe kongerera ubumenyi abatoza
Hasabwe ko abana bakundishwa umukino wo koga bakiri bato
Girimbabazi Rugabira Pamela yemeje ko bagiye kwimurira imbaraga mu bakina umukino wo koga bakoresha amazi magari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .