00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Teta Sandra yatashye mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 August 2022 saa 11:41
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi ababyeyi ba Teta Sandra bari bamaze muri Uganda baragiye kureba ibibazo by’umwana wabo, byarangiye uyu mugore wari umaze igihe ahohoterwa n’umugabo we, Weasel Manizo, atashye mu rwamubyaye.

Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu Sandra Teta yageze mu Rwanda ku wa 10 Kanama 2022 ari kumwe n’abana be babiri yabyaranye na Weasel.

Ni nyuma y’ubuvugizi bwakorwaga n’abantu b’ingeri zitandukanye yaba ku mbuga nkoranyambaga, mu itangazamakuru ryo mu Rwanda no muri Uganda. Ni byo byatumye umuryango wa Teta ujya i Kampala kugira ngo ufashe umukobwa wabo gutaha.

Bivugwa ko ubwo Se wa Sandra Teta yageraga i Kampala, yavuganye n’umwana we, bakemeranya ko agomba gutaha kuko nawe ari byo yashakaga cyane ko ngo yari yarabuze uko yava iruhande rwa Weasel.

Mu minsi ishize hasohotse amafoto agaragaza Teta Sandra yakubiswe bikomeye ndetse hanahishurwa andi y’uko yaba asanzwe akubitwa bikomeye na Weasel.

Kuva aya mafoto yasohoka, abantu banyuranye bahagurukiye rimwe batangira kwamagana ihohoterwa Weasel yakoreraga umugore we.

Ibi bibazo byavutse mu gihe Teta Sandra na Weasel bari bamaze iminsi bagaragaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bari batangaje ko buteganyijwe mu minsi iri imbere.

Teta Sandra yatashye mu Rwanda nyuma y'iminsi ababyeyi be bagiye kumushakisha muri Uganda
Hari haherutse gusohoka amafoto y'ihohoterwa Teta Sandra yakorewe mu gihe cyashize
Teta Sandra yarahohotewe ku rwego rw'uko acika n'ibisebe
Hano Teta Sandra yerekanaga inkoni yakubiswe na Weasel
Mu 2021 ubwo Teta Sandra yari yahohotewe n'umugabo we Weasel
Ubwo Teta Sandra aherutse gukubitwa nibyo byahagurukije abantu bamagana ihohoterwa akorerwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .