Kuri iyi nshuro ubuyobozi bwo muri Nigeria bwavuze ko icyo gihano kizashyirwa mu bikorwa mu gihe uyu mugabo yaba atajuriye.
Uyu mugabo witwa Frank Geng-Quangrong yahamijwe icyo cyaha n’urukiko rwo mu gace gaherereye muri Leta ya Kano iherereye mu Majyaruguru ya Nigeria.
Geng-Quangrong yashinjwe ko yateye icyuma umukunzi we w’imyaka 22 witwa Ummukulsum Sani, ibyaha yakoze mu 2022 abikorera muri iyo Leta ya Kano.
Uyu mushinwa avuga ko yamuteye icyo cyuma ubwo yageragezaga kwitabara.
Haruna Dederi ushinzwe ubutabera muri Leta ya Kano yabwiye Associated Press ko nubwo uyu mushinwa yahamijwe ibyo byaha atigeze na rimwe yemera ko yabikoze.
Dederi yavuze ko “ibi ari ibihamya bifatika by’uko umuntu wese uje kuba muri sosiyete runaka agomba kubanza kuganirizwa agategurirwa kubahiriza amategeko yose agenga iyo sosiyete.”
Igihano nk’iki cy’urupfu gikunze gutangwa cyane muri Nigeria ndetse n’abanyamahanga badasigaye.
Mu 2022 umuturage wo muri Denmark yahawe iki gihano nyuma y’uko yari yahamijwe ibyaha byo kwica amanitse umugore n’umwana we w’umukobwa.
Icyakora ibi bihano ntibikunze gushyirwa mu bikorwa cyane ko biba bigomba kwemezwa na ba guverineri ba za leta icyo cyemezo cyafatiwemo.
Mu myaka 25 ishize, igifungo cy’urupfu cyashyizwe mu bikorwa inshuro ebyiri gusa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!