00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Joe Biden yarahiriye kuyobora Amerika (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 January 2021 saa 04:42
Yasuwe :

Amerika yatangiye ibihe bishya, imyaka ine itarangwamo Trump wari umaze igihe nk’icyo yarayogoje amahanga, kugeza n’aho arinda ava muri White House abenshi bamuvumira ku gahera. Ni umunsi ukomeye mu mateka y’Isi kuko ariwo Isi yose yari ihanze amaso nk’igihe kigiye kugaragaza ahazaza h’iki gihugu cy’igihangange niba koko gishobora gukomeza guhamya ubushongere n’ubukaka cyahoranye. Irahira rya Joe Biden.

Joe Biden watorewe kuyobora Amerika mu matora yabaye ku wa 03 Ugushyingo 2020, niwe muntu wa mbere mu mateka y’iki gihugu ugiye kuyobora akuze kurusha abandi.

Perezida ukuze mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu afite imyaka 78 mu gihe undi wayoboye iki gihugu akuze ari Ronald Reagan wasoje manda ze ebyiri mu 1989 afite imyaka 77 n’iminsi 349.

Kamala Harris uzamubera Visi Perezida, niwe mugore wa mbere mu mateka ya Amerika ugiye kuri uyu mwanya, bigakubitana n’uko na none ari we mwirabura wa mbere ufashe izi nshingano. Ni umunsi udasanzwe abanyamerika bari bamaze igihe kinini banyotewe.

UKO UMUHANGO WAGENZE

20:00: Byari ibyishimo bikomeye Biden yari amaze kurahira. Umugore we n’abana, bamuhobeye, bishimira intambwe ikomeye ateye mu mateka y’umuryango wabo.

19:50: Nyuma y’umuhango w’irahira, Kamala Harris yaherekeje Mike Pence asimbuye amugeza ku modoka yamukuye muri Capitol ikamujyana iwe mu rugo aho agiye gukomereza ubuzima busanzwe nyuma y’imyaka ine nka Visi Perezida.

Kamala Harris wagizwe Visi Perezida hamwe n'umugabo we basezera kuri Mike Pince wari Visi Perezida wa Donald Trump

19:45: Joe Biden na Kamara Harris baherekejwe n’inzego zishinzwe kurinda umutekano wa Perezida wa Amerika, aho berekeje mu Biro bishya bya White House, aho Perezida wa Amerika azakorera mu myaka ine iri imbere.

Ubwo Biden aza kuba atangiye inshingano ze, yitezweho gusinya amategeko avuguruza ayashyizweho na Trump asimbuye.

Irya mbere yatangaje ni irikuraho icyemezo cya Trump cyo guhagarika abaturage bakomoka mu bihugu by’Abarabu bajya muri Amerika.

Byitezwe ko kandi Biden ashobora gusinya itegeko risubiza Amerika mu masezerano mpuzamahanga yo guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere Trump yari aherutse gukuramo Amerika.

Biden kandi yitezweho gusinya amasezerano asubiza Amerika mu ’bihugu bigize Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS; ndetse byitezwe ko kandi aza gushyiraho ingamba zo guhangana na Coronavirus zirimo gusaba buri Munyamerika wese kwambara agapfukamunwa.

19:40: Joe Biden abaye Perezida wa 15 uyoboye igihugu yarahoze ari Visi Perezida wa Amerika.

Ni ku nshuro ya kabiri bibayeho ko uwahoze ari Visi Perezida atorerwa kuba Perezida ariko haciyemo igihe hagati ya manda ze, uwo byaherukaga kubaho ni Richard Nixon.

Muri 15 bayoboye igihugu bari ba Visi Perezida, umunani babaye Perezida nyuma y’uko uwari Perezida yitabye Imana, batandatu baba Perezida batowe mu gihe undi umwe yabaye Perezida nyuma y’uko uwari uriho yeguye.

Nk’uko bisanzwe mu muco wa Amerika, Perezida Joe Biden abanza gusengerwa mbere yo kwinjira mu nshingano ze.

Biden yavuze ko Leta ye igiye kwita ku ngingo enye z’ingenzi, zirimo Coronavirus, ihindagurika ry’ikirere, amakimbirane ashingiye kuri politiki ndetse n’ubuhezanguni bw’abazungu.

19:30: Mike Pence, ni we muyobozi ukomeye mu buyobozi bwa Trump witabiriye irahira rya Biden.

Mike Pence wahoze ari Visi Perezida wa Trump ni we muyobozi mukuru ku butegetsi bwavuyeho witabiriye uyu muhango

19:20: Byari ibyishimo kuri Obama ubwo yitabiraga irahira ry’uwahoze amubereye Visi Perezida muri manda ebyiri yayoboyemo Amerika.

Obama yahoberanye na Joe Biden bishyira kera
Barack Obama yari afite akanyamuneza kenshi. Ibyishimo byabonekaga anambaye agapfukamunwa

19:10: Garth Brooks, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Rock yasusurukije ibi birori mu ndirimbo izwi cyane “Amazing Grace” nyuma y’uko Biden yari amaze kurahira.

 Ubutumwa bwa mbere bwa Kamala Harris kuri Twitter buha icyizere Abanyamerika ko yiteguye gukora akazi ke nka Visi Perezida wa Amerika.

19:00: Nzakorera abantoye n’abatarantoye – Biden

“Mu bibazo byose twanyuzemo, twakomeje kubitsinda, kandi dushobora kongera kubigeraho na none. Dushobora gufatanya na bagenzi bacu tukabana amahoro, nta terambere twageraho tutabanye neza. Ubumwe ni yo nzira yonyine dufite, kandi tugomba kubikora nk’Abanyamerika. Ibi nitubikora, ntituzigera dutsindwa, mureke tubitangire, twongere twubahane, twongere twumvikane.”

“Politiki ntigomba gutuma turwana, ntigomba gutuma tudakorana, Banyamerika ndabasabye mureke duhindure ibi byose, kandi turabishoboye rwose. Kuba turi hano, twaranyuze mu byo twanyuzemo byose, ni icyerekana ko byose bishoboka.”

“Murebe, dufite Visi Perezida wa mbere w’umugore, ibi ni ibyerekana ko impinduka zishoboka mu gihugu cyacu. Nzaba Perezida wa bose, Abanyamerika bose. Nzakorera abantoye n’abatarantoye, kandi ndabasezeranya ko nzabigeraho dufatanyije.”

Joe Biden yabaye uwa 15 wayoboye Amerika yarahoze ari Visi Perezida

  Joe Biden ari kugeza ijambo rye rya mbere ku Banyamerika

Nyuma yo kurahirira kuyobora Amerika, Perezida mushya wa Amerika, Joe Biden ari kugeza ijambo rya mbere ku baturage b’igihugu cye.

Joe Biden yagize ati “Ubushake bw’abantu buri gushyirwa mu bikorwa, demokarasi iratsinze. Iki ni igihe cyo kongera kubyutsa ubuhangange bwa Amerika. Amateka ya Amerika ntashingiye ku muntu umwe, ahubwo ashingiye kuri twese. Iki ni igihugu cyiza, gishingiye ku bantu, mu myaka myinshi ishize, twavuye kure, ariko haracyari byinshi byo gukora.’’

Yakomeje ati “Hari byinshi byo gusana, iki cyorezo cyadutwaye abantu benshi mu mwaka umwe, imirimo yarahagaritswe, ibyo byiyongereyeho ibibazo by’iterabwoba, gusa byose tugomba kubirwanya kandi tukabitsinda. Gutsinda uru rugamba birasaba ubufatanye, ubufatanye. Ubuzima bwanjye bwose, bugiye guharanira kubanisha neza Abanyamerika, kandi ndasaba Abanyameika bose kunshyigikira. Twakora byinshi, twakongera kubaka ubukungu bwacu, twakongera guhindura Amerika igihugu kireberwaho muri byose.’’

PEREZIDA JOE BIDEN YARAHIRIYE KUYOBORA AMERIKA

18:49: Joe Biden yarahiriye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Perezida wa 46 w’iki gihugu cy’igihangange ku Isi.

Indahiro ya Joe Biden yakiriwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts. Nyuma y’irahira, Joe Biden yahawe urufaya rw’amashyi yo kumwishimira nka Perezida wa 46 wa Amerika, ari nawe ukuze icyo gihugu kigize, ku myaka 78.

Joe Biden yarahiriye guharanira guteza imbere uburenganzira bw'umuturage wa Amerika

18:45: Umuhanzi Jennifer Lopez ari kuririmba mbere gato y’uko Joe Biden arahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yaririmbye indirimbo yitwa "America the Beautiful".

Jennifer Lopez w'imyaka 51 yaririmbye muri iki gikowa

 Lady Gaga niwe waririmbye indirimbo yubahiriza igihugu muri uyu muhango. Indirimbo yubahiriza igihugu muri Amerika yitwa "The Star-Spangled Banner", yatangiye gukoreshwa tariki 3 Werurwe 1931. Amagambo yayo yahimbwe na Francis Scott Key mu gihe injyana yahimbwe na John Stafford Smith.

Lady Gaga yaririmbye indirimbo yubahiriza igihugu muri Amerika

  JOE BIDEN NA WE ARARAHIRA YIFASHISHIJE BIBILIYA

Joe Biden ararahira yifashishije Bibiliya y’umuryango we, ni nayo yakoresheje mu 2009 ubwo yabaga Visi Perezida wa Amerika ku ngoma ya Barack Obama, ndetse akaba ari nayo yakoresheje arahira mu mwaka wa 2013 muri manda ye ya kabiri.

18:42: Kamala Harris yarahiye kuba Visi Perezida wa Amerika yifashishije Bibiliya ebyiri

Kamala Harris yarahiye akoresheje Bibiliya ebyiri, imwe yahoze ari iy’umuturanyi wabo, Regina Shelton, n’indi yahoze ikoreshwa na Thurgood Marshall, wabaye Umwirabura wa mbere wakoze mu Rukiko rw’Ikirenga rwa Amerika.

Kamala Harris yarahiye kuba Visi Perezida wa Amerika

18:40: Lady Gaga ni we waririmbye indirimbo yubahiriza igihugu

Stefani Joanne Angelina Germanotta wamamaye nka Lady Gaga uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wa Amerika ni we waririmbye indirimbo yubahiriza igihugu cya Amerika.

Uyu muhanzi w’imyaka 34 yavuze ko “Kuririmba indirimbo yacu yubahiriza igihugu ni iby’agaciro.’’

  Kamala ni umwirabura wa mbere ugiye kuba Visi Perezida wa Amerika

Kamala Harris agiye kwandika amateka yo kuba umugore wa mbere w’umwirabura ndetse no muri Aziya y’Epfo, ubaye Visi Perezida.

  Biden n’umugore we ubwo bageraga ahari kubera umuhango

Joe Biden yari agaragiwe n'umugore we Jill Tracy Biden

  Ubwo Harris yageraga aho uyu muhango uri kubera

Visi Perezida wa Amerika, Kamala Devi Harris yari afatanya agatoki ku kandi n'umugabo we, Doug Emhoff

 Trump ati "Tuzagaruka mu bundi buryo"

Trump ubwo yasezeraga ku bamushyigikiye, yabijeje ko bazongera kubonana kandi ko azagaruka mu ruhando rwa politikil.

Ati " Byari iby’agaciro kubabera Perezida, kandi tuzagaruka mu bundi buryo
Ndashaka kubasezeraho, ariko nizeye ko ntabasezeyeho bya burundu. Tuzongera kubonana."

Yagiye afite akanyamuneza avuga ko byanze bikunze azasubira muri White House

17:50:Ku rundi ruhande, abashyigikiye Trump bamuherekeje mu gahinda kavanze n’ibyishimo. Mu mihanda yanyuzemo i Florida, bari bafite ibyapa byanditseho ko ariwe Perezida wa mbere mu mateka ya Amerika mwiza.

Trump yavuze ko we n’abamushyigikiye, ingengabitekerezo yabo izahoraho, ko bazagaruka mu buyobozi mu bundi buryo.

Hari abashyigikiye Donald Trump bari bafite ibyapa bimushimira

17:40: Perezida Trump amaze kugera ku rugo rwe ruri muri Leta ya Florida, aho agiye kuba nyuma yo kuva muri White House. Mbere yo gufata indege imwerekezayo, yafashe umwanya avuga ko “azakomeza kurwana igihe cyose” ndetse yifurije Joe Biden uzamusimbura “amahirwe masa”.

Yagize ati “Muri abantu batangaje. Iki ni igihugu gikomeye cyane, byari iby’agaciro kenshi kuri njye kuba narababereye Perezida”.

Perezida Trump araba kuba ari mu rugo rwe i Florida mu minota ye ya nyuma ku ngoma, kugeza igihe Perezida Biden aza kuba arahiriye kuyobora Amerika byemewe n’amategeko”.

 Abantu batangiye gufata ibyicaro mu myanya yabo, ku rundi ruhande mu nkengero z’aho umuhango uri kubera hari umubare munini w’abashinzwe umutekano.

Umuhango w'irahira rya Joe Biden witabiriwe n'abantu bake kubera icyorezo cya Coronavirus
Ibikorwa nyir’izina byabereye mu mbuga ngari iri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko izwi nka Capitol, imwe iherutse kwibasirwa n’abantu bashyigikiye Trump

17:35: Abandi bahoze bayobora Amerika bitabiriye uyu muhango. Trump ntiyigeze ahahinguka nk’uko yari yarabivuze. Mu bitabiriye barimo Obama, Clinton na Bush. Hillary Clinton nawe wahatanye na Trump mu matora aheruka nawe yitabiriye uyu muhango.

Jimmy Carter, wayoboye Amerika, niwe ukuze kurusha abandi mu bayoboye iki gihugu. Ntabwo yigeze yitabira uyu muhango kubera izabukuru.

Barack Obama n'umugore we Michaelle Obama bageraga aho Joe Biden yarahiriye

17:30: Biden yashimiye umugore we wamubaye hafi mu myaka yose by’umwihariko muri uru rugendo rwo kuba Perezida.

17:20: Biden na Kamala Harris bageze aho uyu muhango ugiye kubera. Biden yari ari kumwe n’umugore we Jill Biden mu gihe Harris yari kumwe n’umugabo we Doug Emhoff

17:05: Kuri uyu wa Gatatu, Biden arara muri White House nka Perezida wa Repubulika. Abashinzwe kumutegurira iyi nyubako bagezemo ubwo Trump yari agisohoka. Hasi hari ifoto igaragaza umukozi ari gusukura White House ubwo Trump yari amaze kuyisohokamo.

Muri White House hakozwemo isuku mbere y'uko Biden yinjiramo

 Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Trump yasohotse muri White House bwa nyuma nka Perezida nyuma y’imyaka ine ayobora igihugu. Ni ibintu byari bitegerejwe n’abantu benshi nyuma y’uko kuva haba amatora yinangiye ahubwo akamagana ibyayavuyemo aho yashinje Biden kwiba amajwi

Donald Trump n'umugore we Melania basohoka muri White House
Donald Trump asezera bwa nyuma ubwo yari avuye muri White House
Trump mbere yo kwinjira muri Marine One agana mu rugo rwe ruri i Florida

17:05: Abashinzwe umutekano ni benshi hafi ya Capitol, ahari kubera uyu muhango w’irahira rya Biden

Umutekano wari wakajijwe cyane hirindwa ko hagira ikiwuhungabanya

17:00: Uyu muhango uraza kwitabira n’abantu 2000 barimo abanyacyubahiro 200. Umubare munini w’abari buze kuwitabira ni abashinzwe umutekano baryamiye amajanja hafi y’aho uri bubere bacunga ko nta kintu cyawuhungabanya.

Ni ubwa mbere mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe umuhango wo kurahira kwa Perezida witabiriwe n’abantu bake kuko ubundi wari usanzwe witabirwa n’abantu ibihumbi 200, gusa irahira rya Barack Obama rifite umwihariko w’uko ryitabiriwe n’abantu basaga ibihumbi 500.

Ahari hasanzwe hahagarara abantu, kuri iyi nshuro hashyizwe amabendera menshi ya Amerika

16:50: Abahanzi batandukanye bamaze igihe mu myiteguro yo kuza gususurutsa ibi birori, aho mu b’imena harimo Lady Gaga na Jennifer Lopez. Nyuma y’irahira no kugeza ku Banyamerika ijambo rye nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abandi baza gususurutsa uyu munsi barimo Bon Jovi, Demi Lovato, Tim McGraw n’abandi.

16:45: Umuhango w’irahira rya Joe Biden uraba mu buryo butandukanye n’indi yose ahanini biturutse ku bihe bikomeye Isi irimo byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus. Ibikorwa nyir’izina birabera mu mbuga ngari iri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko izwi nka Capitol, imwe iherutse kwibasirwa n’abantu bashyigikiye Trump.

Biden ni umukirisitu gatolika ukomeye. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Mutarama yazindukiye mu misa nk'ibisanzwe muri Kiliziya ya Mutagatifu Matayo i Washington

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .