Abantu batatu bishwe na Coronavirus ni abagabo batatu barimo uw’imyaka 95 w’i Kigali, n’abafite 81 na 72 bo mu Karere ka Huye.
Uyu wa Mbere wabaye umunsi udasanzwe kuko bwa mbere mu Rwanda hagaragaye abarwayi benshi ba Coronavirus mu munsi umwe [336]. Umubare munini wabonetse ku wa 24 Mutarama 2021 ubwo abantu 328 bayisanganwaga.
Umubare w’abarwayi bakize na wo wiyongereye kuko habonetse 261 bakize mu gihe abenshi batangajwe mu munsi umwe ari 232 bo ku wa 20 Mutarama 2021.
Itangazo rya Minisante ryerekana ko abarwayi bashya 336 bagaragaye mu bipimo 7867 bakuwe mu Mujyi wa Kigali no mu turere 18 dutandukanye mu gihugu.
Rikomeza riti “Kigali: 137, Gicumbi: 64, Kirehe: 21, Gatsibo: 18, Rulindo: 17, Gisagara: 12, Nyanza: 8, Kamonyi: 8, Ngoma: 7, Rwamagana: 7, Nyagatare: 7, Rubavu: 7, Karongi: 6, Huye: 5, Gakenke: 4, Nyamagabe: 3, Musanze: 3, Nyamasheke: 1, Rusizi: 1.’’
Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus mu Rwanda igaragaye mu Rwanda, abantu 13311 bamaze kwandura mu bipimo 838675; abayikize ni 8681 mu gihe abarwaye ari 4453. Abamaze kwitaba Imana ni 177.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
25.01.2021 Amakuru Mashya | Update
*Kigali: 137, Gicumbi: 64, Kirehe: 21, Gatsibo: 18, Rulindo: 17, Gisagara: 12, Nyanza: 8, Kamonyi: 8, Ngoma: 7, Rwamagana: 7, Nyagatare: 7, Rubavu: 7, Karongi: 6, Huye: 5, Gakenke: 4, Nyamagabe: 3, Musanze: 3, Nyamasheke: 1, Rusizi: 1 pic.twitter.com/lFm5ujukSH
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) January 25, 2021
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!