Minisante mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa 15 Mutarama 2021 yihanganishije imiryango y’abagabo batanu b’imyaka 98, 85, 74, 63 na 54 bo mu Mujyi wa Kigali bitabye Imana.
Abantu batanu bishwe na COVID-19 batumye umubare w’abo imaze guhitana ku butaka bw’u Rwanda uba 138.
Kuri uyu munsi kandi abantu 257 basanzwemo COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus mu bipimo 5538 byafashwe bituma umubare w’abamaze kwandura uba 10 573 mu gihe 54 ari bo bayikize, abamaze gusezerwa mu bitaro baba 7028. Abagera ku 3407 ni bo bari gukurikiranirwa mu ngo zabo mu gihe abandi bari kwitabwaho kwa muganga.
Abarwayi bashya biganje mu Mujyi wa Kigali ndetse aka gace kari mu turi kubonekamo abantu benshi bafite Coronavirus muri iyi minsi.
Abarwayi bashya bagaragaye muri “Kigali: 159, Gicumbi: 16, Gisagara: 14, Rwamagana: 13, Huye: 13, Karongi: 10, Muhanga: 7: Kirehe: 7, Nyagatare: 4, Musanze: 3, Gatsibo: 2, Ngoma: 2, Rubavu: 2, Ruhango: 1, Rusizi: 1, Nyamagabe: 1, Burera: 1, Ngororero: 1.’’
Ni ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagaragaye abarwayi benshi ba Coronavirus mu munsi umwe. Umubare munini uheruka wabonetse ku wa 25 Kanama 2020 ubwo abantu 231 basanganwaga ubwandu bw’iki cyorezo cyugarije Isi.
Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa mu Ukuboza 2019; kuri ubu 94 052 636 bamaze kuyandura ku Isi yose, barimo 2 012 662 yahitanye mu gihe 67 196 627 bamaze kuyikira.
Ibimenyetso by’iyi ndwara birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
15.01.2021 Amakuru Mashya | Update
*Kigali: 159, Gicumbi: 16, Gisagara: 14, Rwamagana: 13, Huye: 13, Karongi: 10, Muhanga: 7: Kirehe: 7, Nyagatare: 4, Musanze: 3, Gatsibo: 2, Ngoma: 2, Rubavu: 2, Ruhango: 1, Rusizi: 1, Nyamagabe: 1, Burera: 1, Ngororero: 1 pic.twitter.com/GfYmTXWKJs
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) January 15, 2021
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!