Aba bofisiye ni Gabriel Kasongo ushinzwe imishahara y’abasirikare bari mu kiruhuko na Jerry Ngoy Katengo ushinzwe ibarura ry’abasirikare.
Ubushinjacyaha bugaragaza ko aba bofisiye bagerageje no guha ruswa komisiyo ishinzwe ubugenzuzi bw’imari, IGF, yakoraga ubugenzuzi ku buryo abasirikare bahawe imishahara yabo.
Lt Col Ngoy yasobanuye ko yishyuye imishahara y’abasirikare bose bakorera mu karere ka gisirikare ka 34, agaragaza ko ikibazo cyabaye ku bari baroherejwe gukorera mu tundi turere.
Nk’uko Radio Okapi yabisobanuye, no ku rutonde rw’abishyuwe hagaragaye ikibazo cy’uko imikono yashyizweho ijya gusa. Ibi bica amarenga ko muri bo haba hari abatarahawe amafaranga yabo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!