00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umubyeyi washinze uruganda CEKA yiyemeje kuziba icyuho cy’inkweto ziva mu mahanga

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 24 May 2022 saa 04:01
Yasuwe :

CEKA imaze kwamamara mu gukora inkweto za ‘Made in Rwanda’ ikazicururiza ku mbuga nkoranyambaga, yamaze gufungura iduka rya mbere mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya CHIC, uwayishinze yiyemeza kurushaho kongera ubwinshi bw’inkweto bakora.

CEKA yashinzwe na Umubyeyi Sharifa nyuma y’uko yari amaze kubura akazi muri Covid-19, atangira kwiga gukora inkweto abimenya bidatinze ubu akora inkweto z’abagore, abagabo n’abana.

Uru ruganda n’ubwo rutarakura ariko rutanga icyizere mu kuzamura umubare w’inkweto zikorerwa mu Rwanda, bitewe n’ingano y’izo bakora n’ubwiza bwazo.

Mu ntangiriro CEKA yatangiye ikorera ku mbuga nkoranyambaga cyane kuri Instagram, inkweto bakoze bakazishyiraho akaba ariho abakiliya baturuka ndetse bakanahagurishiriza.

Mu kiganiro na IGIHE, Umubyeyi Sharifa, yavuze ko bakoze uko bashoboye ngo bashinge iduka kuko babonaga bakeneye abandi bakiliya batari abo ku mbuga nkoranyambaga gusa.

Ati “Abantu bose ntabwo bakoresha imbuga nkoranyambaga, wasangaga abazikoresha aribo batuzi cyane kandi twashakaga ko n’abandi bamenya ibyacu dushaka no kwagura ubucuruzi bwacu.”

Yakomeje avuga ko ikindi cyatumye bashyira imbaraga mu gufungura iduka kwari ukugira ngo bashobore kongera inkweto bakora kandi n’abakiliya bagire aho bazisanga.

Ati “Twari tumaze kugira isoko rinini tutabasha kurihaza kuko twarindiraga ko abantu baza kudusaba ibintu, duhitamo gushinga iduka kugira ngo tujye tuba dufite inkweto nyinshi ku buryo umukiliya aza agahita abona izo ashaka.”

Umubyeyi yavuze ko intego ari ugukomeza kwagura ibikorwa ku buryo inkweto bakora ziboneka hirya no hino mu Rwanda, bigabanye amafaranga u Rwanda rukoresha rujya kuzivana mu mahanga.

CEKA yafunguye iduka mu nyubako ya CHIC iherereye mu Mujyi wa Kigali rwa gati, ubusanzwe ifite umwihariko wo gukora buri bwoko bw’inkweto umukiliya yifuza.

Zimwe mu nkweto za CEKA zakunzwe cyane
Muri CEKA bakora inkweto zambarwa n'abagabo
Umubyeyi Sharifa, yavuze ko bakoze uko bashoboye ngo bashinge iduka kuko babonaga bakeneye abandi bakiliya batari abo ku mbuga nkoranyambaga gusa
CEKA yashinzwe na Umubyeyi wari umaze kubura akazi kubera Covid-19
Byari ibyishimo ubwo CEKA yafunguraga iduka ryayo rya mbere
Bamwe mu baje kwifatanya na CEKA mu gufungura iduka ryabo rya mbere
Abakiliya bashyiriweho igabanyirizwa ku munsi wo gufungura iduka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .