00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwirakabiri bwabonetse mu Rwanda

Yanditswe na

Claude Ntawitonda

Kuya 3 November 2013 saa 05:07
Yasuwe :

Ubwirakabiri bwari bwitezwe bashyize buraboneka ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Ugushyingo 2013 ahagana saa kumi n’iminota cumi n’itatu (4:13PM).
Ubu bwirakabiri buzwi nka ‘Solar eclipse’ bugaragaza izuba igice kimwe kuko ukwezi kuba gusa nk’ukwagiye hagati y’Isi n’Izuba bityo rikaboneka igice.
Amakuru aca kuri BBC avuga ko ubu bwirakabiri bwahereye muri Amerika y’Epfo (South America) bukaba bugenda bwerekeza mu Burasirazuba bw’Isi aho bwananyuze muri Afurika.
Abahanga bavuga ko (...)

Ubwirakabiri bwari bwitezwe bashyize buraboneka ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Ugushyingo 2013 ahagana saa kumi n’iminota cumi n’itatu (4:13PM).

Ubu bwirakabiri buzwi nka ‘Solar eclipse’ bugaragaza izuba igice kimwe kuko ukwezi kuba gusa nk’ukwagiye hagati y’Isi n’Izuba bityo rikaboneka igice.

Amakuru aca kuri BBC avuga ko ubu bwirakabiri bwahereye muri Amerika y’Epfo (South America) bukaba bugenda bwerekeza mu Burasirazuba bw’Isi aho bwananyuze muri Afurika.

Abahanga bavuga ko atari byiza kureba mu zuba n’amaso kuko bishobora kwangiza amaso kugeza ku buhumyi dore ko hari amadarubindi yabugenewe kureba ubwirakabiri.

Ku bindi bisobanuro wasoma iyi nkuru yanditswe mu minsi ishize isobanura ubu bwirakabiri bwabaye uyu munsi.

Izuba ryagaragaraga igice kubera ko Ukwezi kwagendaga kwitambika uko amasaha akura. Foto/AFP
Abana bitegereza ubwirakabiri ku ishuri ribanza rya Regina Pacis ku Kimironko
Regina Pacis bitegereza ubwirakabiri
Abanyeshuri bambaye amadarubindi yabugenewe bitegereza ubwirakabiri
Ku ishuri rikuru nderabarezi KIE, abanyeshuri bareba uko ubwirakabiri buri kubaho

Amafoto: Turayakesha Dr Pheneas Nkundabakura, umwarimu w’imibare n’ubugenge muri KIE


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .