00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pelé yahakanye ko ubuzima bwe buri hagati y’urupfu n’umupfumu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 December 2022 saa 09:54
Yasuwe :

Umunya-Brésil, Pelé, uri mu bafatwa nk’abakinnyi b’ibihe byose mu mateka y’Umupira w’Amaguru yavuguruje amakuru yari amaze amasaha menshi acicikana, avuga ko ubuzima bwe buri mu marembera ku buryo yajyanywe n’aho agomba gutegerereza urupfu kuko nta kindi abaganga bamukorera.

Aya makuru agaruka ku buzima bwa Pelé w’imyaka 85 yatangiye gucicikana mu mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza mu 2022.

Yavugaga ko uyu mugabo urwariye mu bitaro bya Israelita Albert Einstein i Sao Paulo yashyizwe ahantu hihariye agomba gutegerereza urupfu kuko ubuvuzi bwa cancer ari guhabwa ntacyo buri kumufasha.

Ibyavugwaga byahise bivuguruzwa n’ibi bitaro ndetse bitangazo ko "Pelé akiri guhabwa ubuvuzi kandi ubuzima bwe buhagaze neza."

Ni ibintu byashimangiwe na Pelé, abinyujije kuri Instagram abwira abakunzi be ko akomeye kandi ameze neza.

Ati "nshuti zanjye, ndashaka guhumuriza buri wese, mfite imbaraga ndetse n’icyizere cyinshi kandi ndi kubahiriza amabwiriza y’abaganga nk’uko bisanzwe. Ndashaka gushimira itsinda rigari ry’abaganga kubera ubufasha bwose ndi guhabwa."

Yakomeje avuga ko mu biri kumwongerera imbaraga harimo ubutumwa ari kohererezwa n’abantu bo hirya no hino ku Isi ndetse no kureba Brésil mu Gikombe cy’isi.

Pelé afatwa na benshi nk’umukinnyi w’ibihe byose ku Isi. Yegukanye ibikombe bitatu by’Isi ari kumwe na Brésil mu 1958, 1962 na 1970. Yatsindiye Santos y’iwabo ibitego 643 mu mikino 659 mu gihe igihugu cye yagitsindiye ibitego 77 mu mikino 92.

Pelé yavuguruje abavuze ko ubuzima bwe buri hagati y’urupfu n’umupfumu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .