00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hillsong London na Bishop Benjamin Dube bageze i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 24 November 2022 saa 11:21
Yasuwe :

Itsinda ry’Abaramyi ryo mu Bwongereza, Hillsong London n’Umunyafurika y’Epfo, Bishop Benjamin Dube bageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane aho bitabiriye igitaramo gikomeye cyo kuramya no guhimbaza Imana bazahuriramo na Aimé Uwimana.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo 2022, muri BK Arena cyateguwe na Sositeye itegura ibitaramo ya Rwanda Events ifatanyije na AFLEWO Rwanda.

Ubuyobozi bwa Rwanda Event butangaza ko impamvu aba bahanzi bagarutse mu Rwanda ari uko ubwa nyuma baheruka mu Rwanda 2019 bakoze igitaramo cyiza cyishimiwe na benshi.

Bukomeza buvuga ko umwihariko w’iki gitaramo ari uguha umwanya abazitabira bakaramya hamwe n’abahanzi batumiwe mu muziki w’umwimerere.

Ubuyobozi bwa Rwanda Event butangaza kandi ko Bishop Benjamin Dube uri mu baramyi bakomeye muri Afurika yatumiwe kugira ngo asusurutse abazitabira iki gitaramo.

Muri iki gitaramo kandi hazifashishwa abahanzi Nyarwanda barimo Aimé Uwimana.

Kwinjira muri iki gitaramo cyiswe “Hillsong London Live in Kigali” ni ukwishyura 5000 Frw mu myanya isanzwe, 20 000 Frw muri VIP na 50 000 Frw muri VVIP.

Amatike yo kwinjira mu gitaramo agurishirizwa kuri BK Arena no mu buryo bw’ikoranabuhanga binyuze ku rubuga rwa www.ticqet.rw

Abagize itsinda rya Hilsong London bageze mu Rwanda, bizeza igitaramo kizomorerwamo imitima
Abagize itsinda rya Hilsong London bijeje gushimisha abazitabira igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana bagiye gukorera i Kigali ku nshuro ya kabiri
Aba bahanzi bageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane
Umuramyi akaba n'umuvugabutumwa, Bishop Benjamin Dube agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo azahuriramo na Hillsong London
Saa Moya za mu gitondo kuri uyu wa Kane nibwo Hilsong London bari bageze i Kigali
Bishop Benjamin Dube na we ni ubwa kabiri agiye gutaramira i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .