Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu Sandra Teta yageze mu Rwanda ku wa 10 Kanama 2022 ari kumwe n’abana be babiri yabyaranye na Weasel.
Ni nyuma y’ubuvugizi bwakorwaga n’abantu b’ingeri zitandukanye yaba ku mbuga nkoranyambaga, mu itangazamakuru ryo mu Rwanda no muri Uganda. Ni byo byatumye umuryango wa Teta ujya i Kampala kugira ngo ufashe umukobwa wabo gutaha.
Bivugwa ko ubwo Se wa Sandra Teta yageraga i Kampala, yavuganye n’umwana we, bakemeranya ko agomba gutaha kuko nawe ari byo yashakaga cyane ko ngo yari yarabuze uko yava iruhande rwa Weasel.
Mu minsi ishize hasohotse amafoto agaragaza Teta Sandra yakubiswe bikomeye ndetse hanahishurwa andi y’uko yaba asanzwe akubitwa bikomeye na Weasel.
Kuva aya mafoto yasohoka, abantu banyuranye bahagurukiye rimwe batangira kwamagana ihohoterwa Weasel yakoreraga umugore we.
Ibi bibazo byavutse mu gihe Teta Sandra na Weasel bari bamaze iminsi bagaragaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bari batangaje ko buteganyijwe mu minsi iri imbere.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!