Umuhanzi Jules Sentore, uzwi mu kuririmba mu njyana gakondo, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Urabaruta’, indirimbo yaririmbiye Imana aho aba ayisingiza agira ati: “Urabaruta”.
Sentore umwe mu bahanzi 15 bahatanira Primus Guma Guma Super Star 4, avuga ko iyi ndirimbo yayikoze mu buryo bwo gushima Imana no gushimangira ko Imana iruta byose.
Aganira na IGIHE Jules Sentore yagize ati: “Ntacyatubuza gushimira Imana kubera ibyo idukorera, kandi Irabaruta, niyo byose, ni uko umuntu abura uko abivuga, ariko ku mutima umuntu aba afite amashimwe menshi.”
Sentore avuga ko iyi ari indirimbo akunda kandi yakoze amashusho yayo nyuma yo kubisabwa n’abantu benshi. Ati: “Ni indirimbo nkunda kandi abantu bahoraga bayinsaba kuva yasohoka kuri album mperuka gushyira hanze.”
Reba urabaruta ya Sentore hano:
TANGA IGITEKEREZO