Ndayishimiye uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba u Rwanda na RDC bibarizwamo, azitabira ibi biganiro biteganyijwe kuri uyu wa Kane ku buhuza bwa Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, bibinyujije kuri Twitter byatangaje ko Ndayishimiye yageze i Luanda kuri uyu wa Gatatu.
Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Congo na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi bazaba bari muri ibi biganiro.
Mu bizatabira kandi harimo Uhuru Kenyatta wahoze ayoboye Kenya nk’umuhuza mu biganiro bya Nairobi bigamije gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!