00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwashyikirije u Burundi inyeshyamba zafatiwe muri Nyungwe umwaka ushize

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 30 July 2021 saa 11:19
Yasuwe :

Ingabo z’u Rwanda, RDF, binyuze mu itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu karere k’ibiyaga bigari (The Expanded Joint Verification Mechanism, EJVM), zashyikirije u Burundi, abarwanyi b’umutwe wa RED Tabara bafatiwe muri Nyungwe muri Nzeri 2020.

Igikorwa cyo gushyikiriza u Burundi aba barwanyi cyabaye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2021, ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, uhuza u Rwanda n’u Burundi.

Muri iki gikorwa u Rwanda rwari ruhagarariwe na Brig Gen Vincent Nyakarundi, Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), mu gihe u Burundi bwari buhagarariwe na Col Ernest Musaba ukuriye Ubutasi muri icyo gihugu.

Abandi bari bitabiriye barimo Umuyobozi wa EJVM, Col Joseé Rui Lourdes Miranda n’Umuyobozi wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage, (UNFPA) mu Burundi, Richmond Tiemoko.

Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Vincent Nyakarundi yashimiye EJVM yafashije kugira ngo abo barwanyi bashyikirizwe u Burundi, yizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’abandi mu guharanira umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Ati “Uyu munsi , guhererekanya abarwanyi 19 b’Abarundi bijyanye n’umuhate w’ubuyobozi bw’u Rwanda mu guharanira amahoro arambye mu karere, umutekano ndetse no guharanira kubana neza n’abaturanyi.”

Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Burundi, Col Ernest Musaba, yavuze kuva yagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda umwaka ushize byatanze umusaruro w’ubufatanye mu guharanira umutekano hagati y’ibihugu byombi.

Yakomeje agira ati “Iki gikorwa cyo gushyikiriza u Burundi aba barwanyi b’Abanyabyaha, bije nyuma y’uko natwe hari abanyabyaha twashyikirije u Rwanda. Ibikorwa by’ubufatanye bizakomeza mu gucunga umutekano hagati y’ibihugu byombi.”

Umuyobozi wa EJVM, Col Joseé Rui Lourdes Miranda, yashimye u Rwanda rwagiriye icyizere uru rwego rukanorohereza itsinda ryakoze iperereza kuri iki kibazo cy’abarwanyi.

Ku rundi ruhande ariko, mu 2020, byari byatangajwe ko intumwa za EJVM zigomba gukora iperereza ndetse zikanatangaza raporo ariko Col Miranda yavuze ko ibyavuye mu iperereza byashyikirijwe u Rwanda ndetse bikanaba biteganyijwe kuzagezwa ku kanama gashinzwe umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Aba barwanyi bafatiwe i Ruheru mu Karere ka Nyaruguru muri Nzeri 2020. Ni itsinda ry’abarwanyi 19 bavugaga ko bari mu mutwe w’abarwanyi wa RED Tabara ugizwe n’abahoze mu ngabo z’u Burundi, kuri ubu barwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.

Ihererekanya ryabereye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, ari nawo utandukanya u Rwanda n'u Burundi
Abayobozi ku mpande zombi biyemeje gukomeza ubufatanye mu gucunga umutekano
U Rwanda, u Burundi na EJVM byiyemeje gukomeza gufatanya mu guharanira akarere gatekanye
Ubwo aba barwanyi ba RED Tabara bafatirwaga muri Nyungwe umwaka ushize ni uko bari bameze, gusa basubiyeyo basa neza
Nyuma yo gushyikiriza aba barwanyi u Burundi, u Rwanda rwijeje ko ruzakomeza ubufatanye mu guharanira umutekano mu karere
Aba barwanyi bafatanywe imbunda, amasasu n'ibindi bikoresho
Imwe mu mizigo irimo amasafuriya n'ibindi byafatanywe aba barwanyi umwaka ushize

Amafoto ya IGIHE: Mucyo Jean Régis


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .