00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukangamije wamaze imyaka 42 mu buforomo yagiriye inama abagore batwite n’ababyaza

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 19 March 2018 saa 08:17
Yasuwe :

Mukangamije Venantie, umukecuru wamaze imyaka 42 muri 66 afite, mu buforomo n’ububyaza asanga ari umwuga wo gukorwa n’umuntu uwukunda by’umwihariko, kubyaza bigasaba ubwitange kugira ngo ubuzima bw’umwana n’umubyeyi busigasirwe.

Ukigera mu rugo rwa Mukangamije watangiye uwo mwuga mu 1971 akawuhagarika ahawe ikiruhuko cy’izabukuru mu 2015, ruherereye mu Karere ka Muhanga, umurenge wa Cyeza, usanganirwa n’umutuzo, amahumbezi n’akayaga bituruka mu busitani bw’imikindo n’ibindi bimera bizengutse urugo rwe.

Mukangamije ufite abana bane barimo batatu barangije kwiga Kaminuza umwe agahita aba umupadiri, uwa kane akaba acyiga mu yisumbuye ariko nta wabashije kwiga ibijyanye n’ubuvuzi.

Ntiyibuka umubare w’ababyeyi bibarutse abigizemo uruhare kubera ubwinshi bwabo, gukora ku mavuriro n’ibitaro bitandukanye no kuba icyo gihe umubyaza yarakoraga n’indi mirimo yo kwita ku barwayi bitewe n’ubuke bw’abaganga.

Yagize ati “Mbere twaravuraga tukanabyaza. Mu kigo nderabuzima, twakoreraga byose abarwayi banyuranye bikaba ngombwa ko no mu bitaro batwitabaza. Ntabwo nibuka umubare kuko nabyaje benshi cyane pe.”

Bimwe mu bigo nderabuzima n’ibitaro yakozeho birimo ibitaro bya Rwamagana biherereye aho yize, ku kigo nderabuzima cya Gitarama (inshuro ebyri), ku bitaro bya Kibuye n’ibitaro bya Kabgayi.

Imbogamizi yabonye muri uyu mwuga kandi n’ubu zikigaragara ahantu hatangirwa serivisi z’ubuvuzi zirimo ubuke by’abaganga, ubwinshi bw’abarwayi, rimwe na rimwe n’ibikoresho biba bidahagije bigendana n’ubushobozi bwa buri kigo.

Mukangamije Venantie, umukecuru wamaze imyaka 42 muri 66 afite, mu buforomo n’ububyaza ari muri Salon iwe aganira n'umunyamakuru

Biragoye kumenya amakosa akorwa mu bubyaza

Mukangamije avuga ko umwuga w’ububyaza n’ubuforomo yatangiye yifuza kurengera ubuzima bw’abantu yabonaga bababaye n’abarembye, hari igihe habamo amakosa ariko umuganga atabigambiriye.

Yagize ati “Ubundi uyu mwuga ni uwo kwitanga, ni uwo gukorwa n’umuntu awukunze kandi awushaka. Bitamurimo, ntabwo yawukora. Kubera rero ibikoresho bike, abarwayi benshi n’abo witaho barembye, ikosa rishobora kuboneka ryakwitwa nk’uburangare. Ni umwanya muto umuntu aba yagize wo kwita ku ndembe nyinshi, akabura uko azikurikirana zose, rikaba ariko ritagambiriwe.”

Inama agira abawukora n’ababyeyi

Uyu mubyeyi wemeza ko uyu mwuga wamufashije mu bishoboka akabasha kwita ku muryango we n’igihe umugabo we yitabye Imana mu 2003, akanarihira abana amashuri, asanga abakurikirana ubuzima bw’abarwayi bakwiye kubikora babikunze.

Yagize ati “Icyo natsindagira ni uko ugomba ubwitange kuko bakunda gukora amasaha menshi. Sinabwira ugakora atagakunze ngo napfe kugakora kuko kareba ubuzima bw’umuntu, si nk’agasanzwe ko mu biro cyangwa akandi wasubika ngo ejo uzagasubukure.”

Ku babyeyi batwite n’abitegura kubyara, Mukangamije avuga ko bakwiye kubanza gusonukibarwa kubyara icyo aricyo, bakabikora bakuze, kwihutira kujya kwa muganga cyangwa ku mujyanama w’ubuzima mu gihe batwite bakabagira inama ku bibazo bikunze kugariza abagore batwite birimo imihindagurikire y’umubiri, ku mirire, kwirinda kunywa imiti batandikiwe na muganga, kwipimishiriza ku gihe n’ibindi.

Mukangamije Venantie, avuga ko umwuga w'ubuvuzi usaba ubwitange
Mukangamije Venantie, umukecuru wamaze imyaka 42 muri 66 afite, mu buforomo n’ububyaza mu rugo iwe hari imikindo n'ibindi biti bizna amahumbezi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .