00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twinjire mu bwiza bwa Kibuye kuri Bethany Hotel, yabaye imfura mu kwigira kw’amadini mu Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha, Nsanzimana Erneste
Kuya 23 November 2022 saa 11:55
Yasuwe :

U Rwanda ni rwiza ariko rukaba rwiza cyane iyo ururebeye mu karere ka Karongi, ku nkombe cyangwa rwagati mu kiyaga cya Kivu munsi y’isunzu rigari rya Congo Nil.

Umwigimbakirwa (presqu’île) wa Rwamatete uri mu mudugudu wa Nyarurembo mu Kagari ka Kibuye, niryo zingiro ry’ubwiza bwa Karongi, aho uba witegeye ibirwa bitandukanye mu kiyaga cya Kivu, n’imisozi myiza y’aka gace kahoze kitwa Kibuye.

Aha niho mu myaka 40 ishize Itorero Presbytérienne mu Rwanda ryigobotoreye ingoyi yo guhora riteze amaboko abagiraneza mvamahanga, hubakwa amacumbi yaje kuvamo hoteli y’icyitegererezo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Bethany Hotel ni imwe muri hoteli zimaze igihe ariko zubatse ahantu hitondewe mu mujyi wa Karongi, ikaba imwe mu zikundwa na bamukerarugendo basura icyo gice.

Ni hoteli yubatse neza ku mazi y’ikiyaga cya Kivu ku buryo mu gitondo ukangurwa n’amajwi y’inyoni zo biti biyikikije, amazi y’ikiyaga cya Kivu asuma n’amajwi y’abarobyi basubiye imuhira, bishimiye umusaruro w’isambaza, indugu cyangwa amafi ya tilapia biboneka mu kiyaga cya Kivu.

Iyi hoteli ni umusaruro w’icyerecyezo cy’Itorero ryayishinze mu mwaka wa 1982, ubwo ryafataga umwanzuro wo kugabanya kurambiriza ku nkunga z’abanyamahanga zishobora kubura igihe icyo aricyo cyose.

Pasiteri Sibomana Fidèle, Umuyobozi Mukuru wa Bethany Investment Group yabwiye IGIHE ati “Twabonaga ko mu myaka izaza abo bantu bafasha itorero bashobora kuba batagihari. Nibwo itorero ryatangiye kwishakamo ibisubizo kugira ngo mu gihe kizaza rizinjire muri gahunda zo kwigira ridakomeje gutega amaboko ku bantu bo hanze.”

Kuri ubu Bethany Hotel ifite ibyumba 55 ariko intego ni ukugera ku byumba nibura 80 mu myaka mike iri imbere.

Ifite umwihariko w’uko ihendutse ugereranyije n’izindi hoteli zubakwa ku kiyaga cya Kivu, aho ubuyobozi bwayo buvuga ko babikoze bashaka ko abanyarwanda bayisangamo, bakishimira ubwiza bw’igihugu Imana yabahaye.

Icyumba gihenze muri iyi hoteli cyishyurwa 60 000 Frw ku ijoro, mu gihe icya make ari 30 000 Frw.

Ntwali Janvier umaze imyaka umunani ayobora Bethany Hotel, avuga ko serivisi zabo zishimwa n’ababagana bitewe n’abakozi b’abanyamwuga bahakora.

Ati “Muri iyi hoteli tugira serivisi zitandukanye, ushobora kuza ukeneye aho kuruhukira, ushobora gufata ifunguro (Bar & Restaurant), ushobora kuza ukeneye gukora inama nabyo birahari.”

Restaurant n’akabari bya Bethany Hotel byubatse neza hafi y’ikiyaga cya Kivu, mu mafu n’akayaga keza bituruka muri icyo kiyaga cyabayeho mu myaka igera kuri miliyoni eshanu ishize.

Ubwo nasuraga iyi hoteli, natemberejwe ibirwa bitandukanye biri mu kiyaga cya Kivu nifashishije ubwato bwayo. Nabashije gusobanurirwa mateka y’ibirwa bitanduakanye nk’akarwa k’Amahoro, Chapeau de Napoléon, Akarwa k’Inkende (Monkeys Island) n’ibindi.

Urebye kure umusozi Bethany Hotel yubatseho ntiwamenya ko harimo inyubako kuko ukikijwe n’ibiti byinshi, ahatari ibiti hakaba ubusitani.

Ni umuco Pasiteri Sibomana avuga ko bagize intego nyuma yo kubona gahunda igihugu cyihaye wo kuba icya mbere mu kubungabunga ibidukikije.

Ati “Ubwiza bw’igihugu bushingiye ku bintu byinshi, amashyamba ni kimwe muri byo. Amashyamba azana amahumbezi, umwuka mwiza utayafite sinzi aho hantu uko haba hameze. Twumva ko hagomba kuba hatoshye kandi muri hoteli tukagira abakozi bahoraho aricyo bakora.”

Muri iyo hoteli huzuye Coffee Shop igezweho, ikaba imwe mu zihagazeho mu mujyi wa Karongi, igamije kumvisha abasura uwo mujyi icyanga cy’ikawa yera mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Bethany Hotel yaguye amarembo kuko ubu ifite amashami mu karere ka Rubavu, i Kigali na Nyagatare.

Ushaka gusura iyi hoteli wanyura aha: Www.bethanyinvestmentgroup.com

Bethany Hotel uyirebeye hejuru
Iyi hoteli iherereye ku mwigimbakirwa wa Rwamatete
Pasiteri Sibomana Fidèle, Umuyobozi Mukuru wa Bethany Investment Group
Ntwali Janvier umaze imyaka umunani ayobora Bethany Hotel, avuga ko serivisi zabo zishimwa n’ababagana bitewe n’abakozi b’abanyamwuga bahakora
Bethany Hotel Kibuye iri ku mwigimbakirwa wa yonyine ku nkombe z'ikiyaga
Iyo hoteli ikikijwe n'ibiti bituma hahora umwuka mwiza
Bethany Hotel iri mu za mbere zubatswe mu mujyi wa Karongi
Uri mu kiyaga cya Kivu imbere ya Bethany Hotel ni uku uba uyireba hakurya yawe
Bar, restaurant n'icyumba cy'inama by'iyi hoteli biri hafi y'ikiyaga
Ibiti n'ubusitani bwiza biri mu bikurura abasura Bethany hotel
Kimwe mu byumba bya Bethany hotel byegereye inkombe z'ikiyaga cya Kivu
Ubwogero bwa kimwe mu byumba by'iyo hoteli imaze imyaka 40 ku Kibuye
Iyo wicaye hanze y'icyumba cya Bethany uba witegeye amazi y'ikiyaga cya Kivu
Bimwe mu byumba byo kuraramo muri Bethany byegereye amazi
Uhagaze ahirengeye ku kirwa cya Rwametete, uba witegeye ibindi birwa biri mu Kivu
Parikingi ya Bethany hotel
Mu busitani bwa Bethany hotel harimo Bungalow zo kuruhukiramo
Inyubako irimo ibyumba byiyubashye by'abashyitsi muri Bethany hotel
Chapeau de Napoléon ni kimwe mu birwa uba witegeye kandi ukabasha kubisura iyo uri muri Bethany hotel
Uko iyi hoteli igaragara mu masaha y'ijoro
Aho bafatira amafunguro muri iyi hoteli haba hateguye neza
Kubera aho restaurant iherereye, ubasha gufata amafunguro witegeye ikiyaga cya Kivu
Aha niho umuntu yakirirwa acyinjira muri Bethany Hotel
Iyi hoteli ifite akabari karimo ibinyobwa bitandukanye, byaba ibisembuye n'ibidasembuye

Amafoto: Igirubuntu Darcy

Video: Mucyo Regis


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .