Iyi Komisiyo ishinzwe kwemeza amagambo mashya yemeje ko iri jambo risimburwa na “Infox”.
Ijambo Infox ryari ryatanzwe mu dusanduku tw’ibitekerezo ku wa 25 Mutarama 2017.
Le Monde yanditse ko iri jambo ryatowe mu yandi arimo ‘‘craque”, ‘‘fallace”, ‘‘infaux”, ‘‘infausse” na ‘‘intox”.
Komisiyo ishinzwe Iterambere ry’Igifaransa yavuze ko abantu bashobora no gukoresha amagambo arimo ‘‘information fallacieuse’’, ‘‘nouvelle fausse’’ na ‘‘fausse information’’ bitewe n’amahitamo yabo.
Urubuga rwa France Terme runyuzwaho amabwiriza yemejwe na Komisiyo ireberera Igifaransa rwanditse ko aya magambo agomba gukoreshwa n’ibigo n’inzego za leta ariko ashobora no kwifashishwa n’abanditsi.
Ijambo ‘‘Fake News’’ rikomoka mu Cyongereza ariko ryanakoreshwaga n’abavuga Igifaransa. Rikoreshwa hagaragazwa amakuru y’impuha yatangajwe cyangwa abogamye.
TANGA IGITEKEREZO