00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika iri gutegura uko izacyura ingabo zayo ziri muri Niger

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 March 2024 saa 05:38
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri gutegura uko izacyura ingabo zayo ziri muri Niger, nyuma y’aho ubutegetsi bw’inzibacyuho bw’iki gihugu bufashe icyemezo cyo kuzirukana.

Ni nyuma y’aho Ambasaderi wazo i Niamey, Kathleen FitzGibbon, ahuye na Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Niger, Général Mohamed Toumba kuri uyu wa 27 Werurwe 2024, bakaganira kuri iki cyemezo.

Nyuma y’ikiganiro bombi bagiranye, Ambasaderi FitzGibbon yamenyesheje abanyamakuru ko yasobanuriwe iki cyemezo, yumvikana na Minisitiri Toumba ko Amerika “izagarukana gahunda” yo gucyura izi ngabo.

Tariki ya 16 Werurwe 2024 ni bwo Leta ya Niger yafashe icyemezo cyo gusesa amasezerano yari ifitanye na Amerika, ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Iki cyemezo cyakurikiye uruzinduko rwarakaje Leta ya Niger intumwa za Amerika zagiriye i Niamey, zitabanje gusaba uburenganzira, no kuba zarasabye iyi Leta guhagarika ubufatanya n’u Burusiya na Iran.

Muri Niger hari ingabo za Amerika zibarirwa mu 1000. Inyinshi ziba mu birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere bya 201, byagwagaho indege zitagira abapilote zifashishwaga mu kurwanya imitwe y’iterabwoba mu karere ka Sahel.

Ambasaderi FitzGibbon na Gen Mohamed Toumba baganiriye ku buryo ingabo za Amerika zizacyurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .