00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guinée-Bissau: Arashinjwa gushaka gukora coup d’état yifashishije ibiyobyabwenge

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 27 March 2024 saa 06:16
Yasuwe :

Malam Bacai Sanhá Júnior, umuhungu wa Malam Bacai Sanha wahoze ari Perezida wa Guinée-Bissau, yakatiwe gufungwa imyaka isaga itandatu n’Urukiko rwa Amerika, azira gucuruza ikiyobyabwenge cya héroïne, mu mugambi wo gushaka inkunga yo guhirika Ubutegetsi bwa Guinée-Bissau.

BBC yavuze ko ayo makuru yatanzwe n’urukiko kuri uyu wa 27 Werurwe 2024.

Bivugwa ko Malam Bacai Sanhá Júnior w’imyaka 52 atacuruje ibiyobyabwenge ashaka kwigwizaho ubutunzi, ahubwo wari umugambi wo gushaka inkunga yo guhirika ubutegetsi akaba perezida.

Malam Bacai Sanhá Júnior ashinjwa kuba inyuma y’umugambi wo guhirika Perezida Umaro Sissoco Embaló uri ku butegetsi bwa Guinée-Bissau, waburijwemo muri Gashyantare 2022 ugasiga abantu 11 biganjemo abo mu nzego z’umutekano bapfuye.

Nyuma yaje gutabwa muri yombi ari muri Tanzania, icyo gihugu kiza kumwoherereza inzego z’ubutabera za Amerika kugira ngo akurikiranwe, aza no kwemerera abakozi b’Ikigo cya Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika gishinzwe kugenzura ibijyanye n’imiti (US Drug Enforcement Administration:DEA) ko yacuruje ibiyobyabwenge mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Guinée-Bissau.

Iburanishwa rye ryatangiye muri Nzeri 2023, ndetse aza gushinjwa gucuruza ibiyobyabwenge mu bihugu bitandukanye birimo Portugal, ndetse n’ibindi by’i Burayi na Amerika.

Inzego z’umutekano muri Amerika kandi zitangaza ko Malam Bacai Sanhá Júnior narangiza igifungu cye ashobora kuzahita yoherezwa mu gihugu cye, kuko adafite ubwenegihugu bwa Amerika.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .