Iyi mirwano yabaye ubwo hatorwaga ingengo y’imari ya Minisiteri y’ubutabera. Amashusho yasohotse yerekanye umudepite wo mu batavuga rumwe n’ubutegetsi, Massata Samb, ahaguruka agakubita urushyi mugenzi we Amy Ndiaye Gniby wo mu ihuriro BBY [Benno Bokk Yakaar] biteza intugunda.
Imvano y’imirwano ni amagambo Depite Massata Samb yabwiraga inteko ku byo mugenzi we Gniby yavuze mu mpera z’icyumweru, aho uyu mugore yanenze abadashyigikiye manda ya gatatu ya Perezida Macky Sall by’umwihariko umuyobozi w’Abayisilamu.
Samb yagize ati “Nyakubahwa Perezida, umudepite yahagurutse imbere y’iyi nteko atuka umuyobozi w’abantu”.
Gniby yahise amuca mu ijambo avuga ko ibyo avuga atabyitayeho. Byateye umujinya Samb ava mu ntebe ye aramusatira amukubita urushyi.
Gniby yahise abatura intebe arayimutera abandi badepite baboneraho intambara itangira ubwo, inteko rusange irasubikwa kubera imirwano.
Umwuka mubi mu nteko ishinga amategeko ya Sénégal wakajije umurego guhera muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo ishyaka riri ku butegetsi ryatakazaga ubwiganze.
🇸🇳 #Senegal Ce jeudi 1er décembre à l’Assemblée nationale, Amy Ndiaye, de la majorité, a été giflée par le député de l’opposition Massata Samb du parti PUR. #RFImatin 👇 (Images © Dakar Actu TV) pic.twitter.com/eQDMMWfV87
— RFI Afrique (@RFIAfrique) December 2, 2022
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!