Iyi politiki yatangajwe na Minisitiri w’uburezi, Adamu Adamu kuwa Gatatu, nyuma y’uko yemejwe n’inama nkuru y’igihugu yari iyobowe na Perezida Muhammadu Buhari.
Adamu yavuze ko imyaka itandatu ya mbere, ni ukuvuga amashuri abanza yose abana bazajya biga mu rurimi kavukire.
Ubusanzwe Icyongereza ni ururimi rwemewe muri Nigeria ndetse nirwo rukoreshwa cyane mu nzego zose z’uburezi. Politiki nshya igamije guteza imbere ikoreshwa ry’indimi zose zivugwa muri Nigeria.
Muri Nigeria habarirwa indimi zigera kuri 625, bivuze ko ururimi rukoreshwa cyane mu gace cyangwa leta runaka ari rwo abana bazajya bigamo amasomo yose mu mashuri abanza.
Minisitiri Adamu yavuze ko mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye abana bazajya bavanga ururimi kavukire n’Icyongereza.
Politiki nshya izatangira gushyirwa mu bikorwa imyiteguro nirangira kuko bizakenera ko hakorwa integanyanyigisho no gutegura abarimu bazigisha mu ndimi kavukire.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!