00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr Bizimana yagizwe Minisitiri, Busingye akurwa muri Minijust yari amazemo imyaka 8

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 31 August 2021 saa 08:57
Yasuwe :

Dr Bizimana Jean Damascène wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, yagizwe Minisitiri wa Mbere wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda mu gihe Busingye Johnston wari umaze imyaka umunani ayobora Minisiteri y’Ubutabera yakuwe kuri uwo mwanya.

Umukuru w’Igihugu ni we wakoze izi mpinduka mu myanya itandukanye mu nzego nkuru z’igihugu nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe.

Izo mpinduka zirimo ko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yashyizweho ku wa 14 Nyakanga 2021 yabonye umuyobozi wayo wa mbere. Ni Dr Bizimana Jean Damascène wayoboraga CNLG kuva mu 2015.

Iyi minisiteri yahawe kuyobora ifite inshingano zo kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, kubungabunga umurage w’amateka no gutoza uburere mboneragihugu.

Undi wahawe inshingano nshya ni Busingye Johnston wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza.

Busingye yavuye muri Guverinoma nyuma y’iminsi 3023 ni ukuvuga imyaka umunani, amezi atatu n’iminsi icyenda ayinjiyemo kuko bwa mbere yagizwe Minisitiri hari ku wa 23 Gicurasi 2013.

Nta yindi minisiteri yigeze ayobora. Uyu mugabo wize amategeko muri Kaminuza ya Makerere, kuva mu 2006 kugera mu 2013 yari Perezida w’Urukiko Rukuru. Yigeze kuba Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera cyo kimwe n’Umucamanza mu Rukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba.

Busingye yasimbuye Yamina Karitanyi wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza kuva muri Nzeri 2015. Yamina wigeze kuba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo no kubungabunga Ibidukikije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, we yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz.

Francis Gatare wari Umuyobozi wa RMB we yagizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’Ubukungu.

Uyu mugabo wize amategeko muri Kaminuza ya Makerere hagati ya 1988 na 1991, akaniga ibijyanye n’Ubukungu muri Kaminuza ya Windsor n’Imiyoborere muri Harvard University, John F. Kennedy School of Government; yigeze kumara imyaka itandatu ari Umuyobozi wa RDB ndetse hagati ya 2009 na 2014 yari Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Repubulika. Yari amaze imyaka ine n’amezi arindwi ayobora RMB.

Undi wahawe inshingano ni Dr Fidèle Ndahayo wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu za Atomike. Ni ubwa mbere iki kigo kuva cyajyaho gihawe umuyobozi, bijyanye na gahunda igihugu cyihaye zo gukoresha ingufu za nucléaire mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere.

Dr Ndahayo yigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse ayobora na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba.

Ikigo yahawe kuyobora cyashyizweho n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku wa 4 Ukuboza 2020. Gifite inshingano zo guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufu za nucléaire hagamijwe iterambere rirambye ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

Clarisse Munezero we yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu mu gihe Dr Mihigo Kalisa Thierry yagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukungu muri Banki Nkuru y’Igihugu.

Munezero yari asanzwe akora muri Legal Aid Forum. Afite Masters mu Mategeko Mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza ya Nantes mu Bufaransa. Yakoze muri Avocats Sans Frontières ashinzwe gukurikirana imishinga hagati ya 2011 na 2012.

Yakoze kandi muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu gihe cy’imyaka itatu ashinzwe ibijyanye n’amategeko mbere yo kujya muri Legal Aid Forum yari amazemo imyaka irindwi n’amezi atandatu.

Umwanya wahawe Dr Mihigo Kalisa nta muntu wari uwufite kuva mu Mutarama uyu mwaka ubwo Dr Thomas Kigabo wari uwurimo yitabaga Imana.

Kalisa yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukungu, ayobora n’Ishami rigenzura imiterere y’Ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi. Yaminurije muri Kaminuza ya Lyon mu Bufaransa. Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga, PhD, mu Bukungu.

Aba mu nama z’ubutegetsi z’ibigo bitandukanye bya Leta nka Rwanda Airport Company Ltd na Agaciro Development Fund aho ari Umuyobozi Mukuru wungirije w’Inama y’Ubutegetsi.

Dr Bizimana Jean Damascène yagizwe Minisitiri wa Mbere wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu
Busingye Johnston ni umwe mu bari bamaze igihe kinini muri Guverinoma, ubu yagizwe Ambasaderi w'u Rwanda mu Bwongereza
Francis Gatare yagizwe Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by'Ubukungu
Clarisse Munezero yari asanzwe ari Umukozi w’Umuryango utanga Ubufasha mu by’Amategeko, Legal Aid Forum ushinzwe Amahugurwa n’Ubushakashatsi
Yamina Karitanyi yari Ambasaderi w'u Rwanda mu Bwongereza kuva mu 2015, ubu ni Umuyobozi Mukuru wa RMB
Dr Fidèle Ndahayo wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu za Atomike yigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda ndetse ayobora na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba
Dr. Kalisa wagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukungu muri Banki Nkuru y’Igihugu yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’Ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .