Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, nibyo byatangaje urugendo rw’iyi ntumwa ya Togo gusa ntabwo byigeze bitangaza ibyari bikubiye muri ubwo butumwa bwashyikirijwe Perezida Kagame.
President Kagame today received Hon. Gilbert Barawa, Minister of Public Function who delivered a message from President Faure Gnassingbe of Togo. pic.twitter.com/4TZXcBv3Uq
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) December 19, 2020
Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano mwiza ndetse Perezida Faure Gnassingbé inshuro nyinshi yakunze kumvikana ashima iterambere u Rwanda rumaze kugeraho.
Nko muri Werurwe 2017 Perezida Kagame yahuye na Gnassingbé wari i Kigali mu nama ku mpinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga muri Afurika ‘Transform Africa’, baganira ku mubano w’ibihugu byombi no ku mavugurura y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.
Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu icyo gihe byibanze ku ikoranabuhanga na politiki, aho Perezida Gnassingbé yakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda akifuza ko rwamubera ishuri.
Yagize iti “Iterambere Kigali imaze kugeraho mu myaka 20 ni isomo ryiza ku mavugurura akwiriye Togo mu buryo bwimbitse.”
Perezida Gnassingbé ntiyahwemye gutangaza ko afata Perezida Kagame nk’icyitegererezo kuri we mu bakuru b’ibihugu ashingiye ku iterambere amaze kugeza ku Rwanda.
Yatangaje ko amukundira imitekerereze ye yo ku rwego rwo hejuru ishingiye ku kuba abanyafurika bakwiye kwikemurira ibibazo ubwabo aho gutegera amaboko amahanga.
Muri Gicurasi 2018 kandi, u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati ajyanye n’imikoranire mu ngendo zo mu kirere, nyuma y’imyaka umunani yari ishize aganirwaho.
Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo Perezida Faure Gnassingbé yongeye gutsindira kuyobora Togo muri manda ya Kane.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!