Amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 2 Ukuboza 2022 atanzwe n’abanyeshuri bararaga mu cyumba kimwe.
Ababyeyi b’uyu mwana babwiye IGIHE, ko bababajwe cyane n’uko ubuyobozi bw’ikigo yigaho bwatinze kubamenyesha iby’urupfu rwe ndetse bifuza ko inzego zibishinzwe zabikurikirana zikamenya uko yapfuye.
Umubyeyu we witwa Manirakiza Célestin yagize ati “Ku ishuri batubwiye ko yapfuye mu gitondo kandi twe amakuru dufite n’uko ngo yapfuye saa sita z’ijoro kubera ko twanahageze yatangiye kwangirika, yabyimbye.”
Umuyobozi w’ikigo cya Ecole Secondaire Rwahi, Uwimana Jeanne, yabwiye IGIHE ko uyu mwana yari arwaye igicuri ndetse ababyeyi be bakoze amakosa kuko batari barabibamenyesheje kugira ngo bajye bamwibutsa kunywa imiti.
Yagize ati “Umwana yapfuye saa sita z’ijoro ntabwo ari mugitondo nk’uko ababyeyi babivuga ikindi yari arwaye igicuri ku buryo yanywaga imiti ariko ababyeyi ntabwo bari barabitubwiye ngo tujye tumukurikirana ku buryo yari amaze iminsi itatu atayinywa.”
Akomeza avuga ko abanyeshuri biganaga, bababwiye ko mbere y’uko apfa yababwiye ko yumva atameze neza.
Uwimana yakomeje avuga ko ababyeyi b’umwana bakoze amakosa kuko ubusanzwe ababyeyi bose bafite abana bafite uburwayi babasaba kubibabwira mbere kugira ngo bajye babakurikirana byihariye.
Yongeyeho ko nyuma y’uko uyu mwana ashizemo umwuka RIB yahise ijyana umurambo we ndetse biteganyijwe ko ashyingurwa kuri uyu wa Gatanu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!